Type Here to Get Search Results !
KWAMAMAZA

Amamaza Hano

Gerageza serivisi zacu, ubashe kugeza ibikorwa byawe ku bantu benshi.

Umukinnyi wa filime Alexandra Daddario yatandukanye n’umugabo we

EMMY 0

 


Alexandra Daddario uri mu bakomeye mu ruganda rwa sinema muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatandukanye n’umugabo we, Andrew Form.


TMZ yatangaje ko gutandukana kw’ibi byamamare byo muri sinema y’i Hollywood kwaturutse ku mwanzuro bafashe ku wa 20 Gashyantare 2026 nyuma y’imyaka hafi itatu babana nk’umugabo n’umugore.


Uhagarariye Alexandra Daddario yashyize ubutumwa ahagaragara avuga ko babikoze mu mahoro no mu bwumvikane.


Ati "Uyu mwanzuro wafashwe mu rukundo n’ubwubahane. Bazakomeza gufatanya kurera abana no kubaha ituze n’ubuzima bwabo bwite muri iki gihe cy’impinduka."


Alexandra na Andrew bahuriye muri New Orleans muri Kamena ya 2022. Bafitanye umwana umwe w’umuhungu w’umwaka umwe n’amezi atatu. Andrew we afite abandi bana babiri, Julian w’imyaka 12 na Rowan w’imyaka icyenda, yabyaranye n’umugore we wa mbere, Jordana Brewster.


Alexandra Daddario yakunzwe cyane kubera uruhare yagize mu gukina muri filime zitandukanye zirimo ‘Baywatch’, ’Texas Chainsaw’, ‘Percy Jackson & The Olympians’ n’izindi.


Uru rwari urushako rwa mbere rwa Alexandra Daddario mu gihe rwari urwa kabiri rwa Andrew.


Umukinnyi wa filime Alexandra Daddario yatandukanye n’umugabo we

Post a Comment

0 Comments
* Please Don't Spam Here. All the Comments are Reviewed by Admin.

About Us

Welcome to Mutesa24 Your trusted source for the latest news, opportunities, and stories shaping Rwanda and the world. From study and job updates to technology and lifestyle trends, we deliver real stories that inform, inspire, and empower.