Type Here to Get Search Results !
KWAMAMAZA

Amamaza Hano

Gerageza serivisi zacu, ubashe kugeza ibikorwa byawe ku bantu benshi.

Minisitiri Nduhungirehe yanyomoje Muyaya wigurukije ubwomatane bwa FARDC na FDLR

EMMY 0



Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane,Amb.Olivier  Nduhungirehe,  


yanyomoje Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya, wihakanye imikoranire y’igihugu cyabo FDLR igizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.


Amb. Nduhungirehe yifashishije X, yagaragaje ko Umutwe wa FDLR n’Igisirikare cya


 Leta y’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, 


FARDC byanywanye nk’umwana na se kandi basangiye basangiye


 ingengabitekerezo ya Jenoside.


Ubwo Patrick Muyaya yari ari mu kiganiro n’umunyamakuru, 


yavuze ko ngo u Rwanda rudakwiye guhora rwitwaza ikibazo cya FDLR 


ngo kuko igice kinini cy’abayigize kuri ubu bari mu bice bigenzurwa na AFC/M23


 akunze kwitirira u Rwanda.


Ati “Mumenye neza ko abasigaye benshi bo muri FDLR, niba atari bose, 


bari mu bice by’igihugu byafashwe. Kandi mvugishije ukuri, 


ndashaka kubabwira ko u Rwanda rutagomba kongera kuzamura ikibazo cya FDLR 


rukigira urwitwazo, kuko bo bagombye kuba bakemura ibibazo biri mu gice cy’igihugu 


bafashe. Twari twarateganyije gukemura icyo kibazo cy’iterabwoba,


 ariko Abanyarwanda bagomba kubanza kuva muri ibyo bice kugira ngo


 tubashe kugikemura.”


Muyaya yakomeje avuga ko hari abaturage hafi 300 bishwe muri 


Nyakanga mu bice bya Rutshuru kandi bo mu bwoko bw’Abahutu ariko,


 yirengagiza ibihumbi by’Abatutsi b’Abanye-Congo bishwe mu bihe bitandukanye ,


ndetse n’ubu bacyicwa n’Ihuriro ry’Ingabo za Leta ya RDC.


Yavuze ko hari ubwicanyi bukorwa mu izina ryo guhiga FDLR,


 kandi ngo ari ‘Abanyarwanda, kandi bakwiye kuba bafite umwanya wabo mu Rwanda’.


Yongeye kugaragaza ko amasezerano ya Washington yageza ku gisubizo kirambye


 ariko ananirwa gusobanura uruhande rwa RDC ahubwo ahengamira ku kuvuga ko


 u Rwanda kuva rwayasinya, rwagize ubwoba.


Minisitiri Amb. Nduhungirehe atanyuze ku ruhande yahise 


amutamaza agaragaza ko ibyo avuga ari ibinyoma kuko umutwe wa FDLR 


wamaze guhuza imbaraga na FARDC nk’umwana na se bahuje 


ingengabitekerezo ya Jenoside.


Ati “Iki ni ikinyoma kindi, kuko umutwe munini w’abasigaye muri FDLR


 bafite amateka ya jenoside (umwana) ubana kandi ukorana n’Ingabo za Congo, 


FARDC (se), basangiye ingengabitekerezo ya Jenoside imwe.”


Kugeza ubu muri RDC habarurwa abarwanyi ba FDLR bari hagati ya 7000 n’ibihumbi 10.


Abahoze muri FDLR basobanura ko yatangiye gukorana n’ubutegetsi bwa RDC


 kuva yabaho, bigeze ku bwa Laurent Désiré Kabila yegurirwa ibyari kuyifasha


 gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda.


Maj Ndayambaje yavuze ko ubwo ALiR2 (yahindutse FDLR) yateraga u Rwanda,


 ibikoresho yari ifite ari Laurent Désiré Kabila wabiyihaye, asobanura ko


 hari uruganda rwakoraga intwaro yari yarayeguriye.


Ati “Désiré Kabila we yakoranaga na FDLR nyirizina.


 Kuko cyane cyane no kugira ngo yohereze AliR2, ive iriya hirya, 


n’ibikoresho yazanye ni we wabibahaye. Hari uruganda rwakoraga imbunda, 


yarushyizeho avuga ngo ni inkoni ahaye FDLR, 


izayiherekeze mu gihugu cyayo.


 Imbunda nyinshi bari bafite n’amasasu bazanye byaturutse kwa Kabila Désiré.”


Laurent Kabila yasimburwa n’umuhungu we, Joseph Kabila mu 2001.


 Maj Ndayambaje yasobanuye ko Joseph we yagerageje kurwanya FDLR


 ariko Tshisekedi wagiye ku butegetsi mu 2019 asubiza uyu mutwe w’iterabwoba ku ibere.


Ati “Ubwo rero haba hagiyeho uyu Tshilombo Tshisekedi, we arahindura, 


yigarurira FDLR kuko n’amasasu menshi, n’abasirikare benshi ba FARDC, 


cyane cyane nko ku birindiro byegeranye, usanga basa nk’aho ari bamwe.


 Bafatanya muri byose haba mu bikorwa bya gisirikare.”


Ku wa 4 Gashyantare 2026, Tshisekedi yari muri Amerika mu gushyira imbaraga 


mu bukangurambaga busaba abagize Inteko Ishinga Amategeko


 b’Abanyamerika gusunikira 


ubutegetsi bw’icyo gihugu gufatira ibihano u Rwanda kubera uruhare arushinja mu 


ntambara yo mu burasirazuba bwa RDC.


Bisa n’aho urugendo rwe rutamuhiriye kuko yeretswe ko kugira ngo,


 haboneke amahoro arambye,


 Leta ya RDC igomba gusenya umutwe w’iterabwoba wa FDLR nk’uko


 amasezerano y’amahoro ya Washington abiteganya ndetse na Wazalendo.


Itangazo ryagiraga riti “Kugira ngo umutekano urambye uboneke, 


RDC igomba gukora ibyo isabwa mu guhosha amakimbirane, 


ifata ingamba zifatika kuri FDLR n’imitwe y’abagizi ba nabi ya Wazalendo ikorera 


abaturage ubugizi bwa nabi.”


U Rwanda rwagaragaje kenshi ko rudashobora gukuraho ingamba z’ubwirinzi mu gihe 


umutwe wa FDLR ugihabwa intebe n’ubutegetsi bwa RDC,


 kandi ari ikibazo ku mutekano warwo n’Akarere k’Ibiyaga Bigari.


Nubwo bimeze bityo, imvugo ya Muyaya yumvikanisha ko RCD idashaka gusenya FDLR 


yahaye intebe ndetse abayigize bakinjizwa mu ngabo za FARDC.



RDC yatangiye inzitwazo zo kudasenya FDLR, umutwe w'Iterabwoba ugizwe n'abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi


Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane, Amb.

 Olivier Nduhungirehe, yerekanye ko FDLR na FARDC bihuje ingengabitekerezo ya Jenoside










Tags

Post a Comment

0 Comments
* Please Don't Spam Here. All the Comments are Reviewed by Admin.

About Us

Welcome to Mutesa24 Your trusted source for the latest news, opportunities, and stories shaping Rwanda and the world. From study and job updates to technology and lifestyle trends, we deliver real stories that inform, inspire, and empower.