Type Here to Get Search Results !
KWAMAMAZA

Amamaza Hano

Gerageza serivisi zacu, ubashe kugeza ibikorwa byawe ku bantu benshi.

obama yavuze kuri Trump wamugereranyije n’inguge

EMMY 0

 

 Yasuwe : 

Uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Barack Obama, yavuze ku mashusho y’irondaruhu yatangajwe ku mbuga nkoranyambaga za Perezida Donald Trump, avuga ko kugira isoni n’imyitwarire myiza byahoze biranga abategetsi, ubu byatakaye.

Aya mashusho yari arimo igice kigaragaza Obama n’umugore we, 

Michelle nk’inguge mu ishusho y’inguge.

 Yanenzwe cyane n’abo mu ishyaka ry’Aba-Democrates n’iry’Aba-Republicains, 

kuko ari irondaruhu.

Mu kiganiro Obama yagiranye na Brian Tyler Cohen,

 yamubajije ku mvugo ikoreshwa muri politike muri iki gihe.

Cohen yagarutse ku byo White House ivuga ko abahohotewe n’Urwego

 rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Amerika (ICE),

 bisa n’iterabwoba ryo mu gihugu, anongeraho ko mu minsi mike ishize,

 Donald Trump yashyize ahagaragara ifoto igaragaza isura ya

 Obama iri ku mubiri w’inguge.

Obama yasubije agira ati “Ni ingenzi kumenya ko Abanyamerika

 benshi babona iyo myitwarire nk’iteye impungenge cyane. Ni byo koko ko ikurura abantu. 

Ni byo kandi ko ari uburyo bwo kubarangaza.”

Obama yavuze ko mu ngendo ze hirya no hino muri Amerika,

 yagiye ahura n’abantu bagifite ukwemera mu bwiyunge, mu kinyabupfura no

 mu bugwaneza.

Yakomeje agira ati “Ikigaragara ni uko nta soni zikigaragara mu bantu,

 bamwe bahoze bumva ko umuntu agomba kugira ikinyabupfura, 

imyitwarire iboneye no kubaha umwanya arimo, si byo? Ibyo byaratakaye.”

Mu gisubizo cye, Obama ntiyigeze avuga Trump mu izina rye.

Muri icyo kiganiro, Obama yanagarutse ku bibazo bitandukanye.

Yashimye abakoze imyigaragambyo mu mahoro barwanya ibikorwa 

byo gufata no kwirukana abimukira, ndetse anavuga ku isomero rye riteganyijwe gufungurwa

 i Chicago umwaka utaha.

Obama yavuze ku mashusho yashyizwe hanze Trump, amugaragaza nk’inguge

Post a Comment

0 Comments
* Please Don't Spam Here. All the Comments are Reviewed by Admin.

About Us

Welcome to Mutesa24 Your trusted source for the latest news, opportunities, and stories shaping Rwanda and the world. From study and job updates to technology and lifestyle trends, we deliver real stories that inform, inspire, and empower.