
Uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Barack Obama, yavuze ku mashusho y’irondaruhu yatangajwe ku mbuga nkoranyambaga za Perezida Donald Trump, avuga ko kugira isoni n’imyitwarire myiza byahoze biranga abategetsi, ubu byatakaye.
Aya mashusho yari arimo igice kigaragaza Obama n’umugore we,
Michelle nk’inguge mu ishusho y’inguge.
Yanenzwe cyane n’abo mu ishyaka ry’Aba-Democrates n’iry’Aba-Republicains,
kuko ari irondaruhu.
Mu kiganiro Obama yagiranye na Brian Tyler Cohen,
yamubajije ku mvugo ikoreshwa muri politike muri iki gihe.
Cohen yagarutse ku byo White House ivuga ko abahohotewe n’Urwego
rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Amerika (ICE),
bisa n’iterabwoba ryo mu gihugu, anongeraho ko mu minsi mike ishize,
Donald Trump yashyize ahagaragara ifoto igaragaza isura ya
Obama iri ku mubiri w’inguge.
Obama yasubije agira ati “Ni ingenzi kumenya ko Abanyamerika
benshi babona iyo myitwarire nk’iteye impungenge cyane. Ni byo koko ko ikurura abantu.
Ni byo kandi ko ari uburyo bwo kubarangaza.”
Obama yavuze ko mu ngendo ze hirya no hino muri Amerika,
yagiye ahura n’abantu bagifite ukwemera mu bwiyunge, mu kinyabupfura no
mu bugwaneza.
Yakomeje agira ati “Ikigaragara ni uko nta soni zikigaragara mu bantu,
bamwe bahoze bumva ko umuntu agomba kugira ikinyabupfura,
imyitwarire iboneye no kubaha umwanya arimo, si byo? Ibyo byaratakaye.”
Mu gisubizo cye, Obama ntiyigeze avuga Trump mu izina rye.
Muri icyo kiganiro, Obama yanagarutse ku bibazo bitandukanye.
Yashimye abakoze imyigaragambyo mu mahoro barwanya ibikorwa
byo gufata no kwirukana abimukira, ndetse anavuga ku isomero rye riteganyijwe gufungurwa
i Chicago umwaka utaha.

