Type Here to Get Search Results !
KWAMAMAZA

Amamaza Hano

Gerageza serivisi zacu, ubashe kugeza ibikorwa byawe ku bantu benshi.

Abanya-Australia benshi bayobotse ‘VPN’ kubera kwanga gukumirwa kuri ‘pornography’

EMMY 0


Abaturage bo muri Australia bakomeje gushyira porogaramu za ‘VPN’ muri telefone na mudasobwa zabo, kubera icyemezo Leta yafashe cyo gukaza ingamba zijyanye n’imikorere y’imbuga zerekana amashusho y’urukozasoni.


Kuri uyu wa Mbere tariki 9 Werurwe 2026, ikigo cya Aylo gifite imbuga nyinshi zerekana filime z’urukozasoni, cyahagaritse gukorera muri Australia, mu kwirinda ko gicibwa amande igihe cyose kitarabasha kugenzura ko abakoresha imbuga zacyo bujuje imyaka 18.


Mbere y’uko Aylo ishyira mu bikorwa iki cyemezo, Abanya-Australia benshi bitabiriye gushyira muri telefone na mudasobwa ikoranabuhanga rya VPN, rifasha abantu kureba ibintu bibujijwe mu gihugu runaka.


Amakuru dukesha Reuters avuga ko porogaramu za VPN eshatu zahise zinjira muri 15 za mbere zamanuwe (download) n’abantu benshi, muri iki gihugu.


Itegeko rishya ryo muri Australia riteganya ko imbuga zitabasha kurinda abana amashusho y’urukozasoni zizajya zicibwa amande ya miliyoni 34,5$.


Post a Comment

0 Comments
* Please Don't Spam Here. All the Comments are Reviewed by Admin.

About Us

Welcome to Mutesa24 Your trusted source for the latest news, opportunities, and stories shaping Rwanda and the world. From study and job updates to technology and lifestyle trends, we deliver real stories that inform, inspire, and empower.