
Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina, yirukanye Minisitiri w’Intebe, Herintsalama Rajaonarivelo ndetse asesa guverinoma.
Ni icyemezo Col. Michael Randrianirina yafashe ku wa Mbere tariki 9 Werurwe 2026. Ntihigeze hatangazwa impamvu yacyo.
Mu itangazo yashyize hanze, Harry Laurent Rahajason, ushinzwe itumanaho mu biro bya Perezida, yavuze ko bagiye gushyiraho Minisitiri w’Intebe mushya.
Ati “Perezida bidatinze arashyiraho Minisitiri w’Intebe mushya, akurikije ibiteganywa n’itegeko nshinga.”
Randrianirina yafashe ubutegetsi mu Ukwakira 2025, nyuma y’imyigaragambyo yakuye ku butegetsi Perezida Andry Rajoelina wayoboye Madagascar.

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina, yasheshe Guverinoma
