Type Here to Get Search Results !
KWAMAMAZA

Amamaza Hano

Gerageza serivisi zacu, ubashe kugeza ibikorwa byawe ku bantu benshi.

Sudani y’Epfo: Abitwaje intwaro bishe abarenga 160 barimo abashinzwe umutekano

EMMY 0

 

Mu rukerera rwo ku wa 1 Werurwe 2026, abitwaje intwaro bataramenyekana neza bagabye igitero muri Sudani y’Epfo, bica abantu 169 barimo abashinzwe umutekano.


Minisitiri ushinzwe itangazamakuru mu ntara ya Ruweng, James Monyluak Mijok, yatangaje ko aba barwanyi bikekwa ko ari abo mu mutwe wa SPLA-IO ukorera muri Sudani biciye aba bantu mu karere ka Abiemnom.


Mijok yasobanuye ko aba barwanyi bahanganye n’abashinzwe umutekano bakorera muri Abiemnom mu gihe cy’amasaha ari hagati y’atanu n’ane, batwika inzu z’abaturage ndetse n’amaduka.


Ati “Abapfuye barimo abana, abagore n’abari mu zabukuru 90, n’abashinzwe umutekano mu ntara barimo abapolisi.”


Ubuyobozi bw’ubutumwa bw’amahoro bw’umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo, UNMISS, bwatangaje ko abasivili bagera ku 1000 bahungiye ku ngabo zabo, zitangira kuvura 23 bakomeretse.


UNMISS yasobanuye ko nyuma y’aho imirwano ihagaze, iri kwifatanya n’inzego z’umutekano za Sudani y’Epfo mu kugarura ituze mu karere ka Abiemnom.



Abarwanyi ba SPLA-IO bayoborwa na Riek Machar ni bo bakekwaho kugaba iki gitero


Post a Comment

0 Comments
* Please Don't Spam Here. All the Comments are Reviewed by Admin.

About Us

Welcome to Mutesa24 Your trusted source for the latest news, opportunities, and stories shaping Rwanda and the world. From study and job updates to technology and lifestyle trends, we deliver real stories that inform, inspire, and empower.