Type Here to Get Search Results !
KWAMAMAZA

Amamaza Hano

Gerageza serivisi zacu, ubashe kugeza ibikorwa byawe ku bantu benshi.

U Rwanda na Seychelles byaganiriye ku kwagura umubano

EMMY 0


Visi Perezida wa Seychelles, Sebastien Pillay, yakiriye Minisitiri ushinzwe abakozi n’umurimo mu Rwanda, Christine Nkulikiyinka, baganira ku buryo ibihugu byombi byakwagura ubufatanye bwabyo mu nzego z’ingenzi.


Minisitiri Nkulikiyinka yatanze intashyo za Perezida Kagame kuri Seychelles, agaragaza ko u Rwanda rushaka gukomeza gukorana bya hafi n’iki gihugu kiri mu Nyanja y’u Buhinde. Ibyo Pillay yabimushimiye, agaragaza ko na bo bifuza ko ubufatanye bukomeza.


Ibiro bya Perezida wa Seychelles byasobanuye ko Pillay na Minisitiri Nkulikiyinka wari intumwa yihariye ya Perezida Paul Kagame baganiriye ku bufatanye mu guteza imbere inzego z’ingenzi zirimo uburezi, ubukerarugendo n’ubuhinzi.


Impande zombi kandi zaganiriye ku hari amahirwe yo kwagurira ubufatanye nko mu bucuruzi, aho Seychelles ishaka kujya yohereza ku isoko ry’u Rwanda ibikomoka mu mazi.


Barebeye hamwe uko u Rwanda na Seychelles byakwifatanya mu guteza imbere imitangire ya serivisi, kubaka ubushobozi bw’inzego no gusangira ubunararibonye, bubakiye ku ntego ibihugu byombi bihuriyeho yo gukomeza urwego rw’imiyoborere no kugera ku iterambere rirambye.


Pillay yagaragarije Minisitiri Nkulikiyinka ko yifuza ko hashyirwaho komisiyo y’abantu bategura bakanakurikiranira bya hafi ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano u Rwanda na Seychelles.


Mu ruzinduko rw’akazi Perezida Kagame yagiriye muri Seychelles mu 2023, ibihugu byombi byemeranyije kwifatanya mu nzego z’ingenzi zirimo ubuzima, ishoramari n’umutekano.


Icyo gihe, u Rwanda na Seychelles byagiranye amasezerano yo gukuraho ‘visa’ mu rwego rwo korohereza abaturage b’ibihugu byombi kugenderana no guhahirana.


Visi Perezida Sebastien Pillay yaganiriye na Minisitiri Nkulikiyinka ku kwagura ubufatanye

Tags

Post a Comment

0 Comments
* Please Don't Spam Here. All the Comments are Reviewed by Admin.

About Us

Welcome to Mutesa24 Your trusted source for the latest news, opportunities, and stories shaping Rwanda and the world. From study and job updates to technology and lifestyle trends, we deliver real stories that inform, inspire, and empower.