Type Here to Get Search Results !
KWAMAMAZA

Amamaza Hano

Gerageza serivisi zacu, ubashe kugeza ibikorwa byawe ku bantu benshi.

U Rwanda rugiye gusimbuza abapolisi bari mu butumwa bwa Loni muri Centrafrique

EMMY 0

 


U Rwanda rugiye kohereza irindi tsinda ry’Abapolisi muri Repubulika ya Centrafrique bazajya gusimbura bagenzi babo bari mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro muri icyo gihugu (MINUSCA).


Mu butumwa Polisi y’u Rwanda yanyujije kuri X, yagaragaje ko irindi tsinda ry’abapolisi ryahawe impanuro zizarifasha kuzuza inshingano uko bikwiye.


Izi mpanuro zatanzwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda Wungirije Ushinzwe Ibikorwa, CP Vincent Sano, zitangirwa ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru.


CP Vincent Sano yibukije aba bapolisi ko hari bagenzi babo bababanjirije bahesheje ishema Igihugu, abasaba kuzakomereza aho bagejeje ndetse banarusheho.


Itangazo rirakomeza riti “Yanabibukije ko ari ba ambasaderi b’igihugu bagomba kuzakora akazi kabo kinyamwuga aho bazaba bari hose kugira ngo bazabishobore barasabwa kuzakorera hamwe.”


U Rwanda rufite amatsinda ane y’abapolisi muri MINUSCA, akorera mu bice bitandukanye bya Repubulika ya Centrefrique nk’i Banguia n’ahitwa Bangassou. Ni hafi mu bilometero 725 uturutse Bangui.


U Rwanda rugiye kohereza irindi tsinda ry'Abapolisi mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Centrafrique


Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda Wungirije Ushinzwe Ibikorwa, CP Vincent Sano, ahanura abapolisi bagiye kujya mu butumwa bwa Loni muri Centreafrique

Tags

Post a Comment

0 Comments
* Please Don't Spam Here. All the Comments are Reviewed by Admin.

About Us

Welcome to Mutesa24 Your trusted source for the latest news, opportunities, and stories shaping Rwanda and the world. From study and job updates to technology and lifestyle trends, we deliver real stories that inform, inspire, and empower.