
Pakistan yagabye ibitero bitandukanye kuri Afghanistan, aho aba-Taliban batangaje ko byahitanye abantu 18 barimo abagore n’abana.
Ubuyobozi bwa Pakistan bwatangaje ko ibyo bitero byagabwe ku birindiro birindwi bya gisirikare biri hafi y’umupaka wa Pakistan na Afghanistan nyuma y’uko hari hashize iminsi hagaragara ibitero byo kwiturikirizaho ibisasu muri Pakistan.
Afghanistan yamaganye ibyo bitero yerekana ko byibasiye ingo z’abasivili n’amashuri y’iyobokamana.
Ni ibitero byongeye kubaho nyuma y’uko ibihugu byombi byaherukaga kwemeranya agahenge mu Ukwakira 2025.
Minisiteri y’Ingabo muri Afghanistan yatangaje ko ibyo bitero byibasiye abasivili mu gace ka Nangarhar na Paktika kandi byahitanye abatari bake.
Umuvugizi wa Polisi muri Nangarhar, Sayed Taib, yatangaje ko abantu 18 b’umuryango umwe bishwe.
Umugabo wo muri ako gace witwa Shahabuddin yabwiye abanyamakuru ko inzu ye yasenywe ndetse ko mu bantu 23 bagize umuryango batanu gusa ari bo babashije kurokoka.
Ku rundi ruhande, Minisiteri y’Itangazamakuru n’Itumanaho muri Pakistan yatangaje ko ibyo bitero byakozwe hashingiwe ku iperereza, bikagabwa ku birindiro birindwi yise iby’iterabwoba n’ubwihisho bw’Aba-Taliban.
Pakistan ishinja Afghanistan kunanirwa kugenzura imitwe yitwaje intwaro, aho iki gihugu kigaragaza ko hari ibimenyetso bigaragara byerekana ko abagaba ibitero babikora ku mategeko bahawe n’abayobozi babo bari muri Afghanistan.
Minisiteri y’Umutekano muri Afghanistan yamaganye ibyo bitero, yemeza ko ari ukuvogera ubusugire bw’igihugu ndetse no kwica nkana amategeko mpuzamahanga.
Yanagaragaje kandi ko igiye gufata ingamba zikwiye mu gihe cya nyacyo ndetse ko kugaba ibitero ku basivili bigaragaza ukunanirwa kw’Igisirikare cya Pakistan byaba mu butasi no gucunga umutekano.

Pakistan yagabye ibitero kuri Afghanistan
