Type Here to Get Search Results !
KWAMAMAZA

Amamaza Hano

Gerageza serivisi zacu, ubashe kugeza ibikorwa byawe ku bantu benshi.

UEFA Champions League: Real Madrid ishobora guhura na Manchester City

NSHUTI KENNEDY 0

 

Amakipe umunani mu yakinaga imikino ya kamarampaka ya UEFA Champions League, yabonye itike yo gukomeza muri iki cyiciro nyuma y’imikino yabaye mu ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki ya 25 Gashyantare 2026, Real Madrid yakomeje ikaba ishobora guhura n’izirimo Manchester City.

Mu makipe yitwaye neza harimo Real Madrid yo muri Espagne yatsinze Benfica ibitego 2-1 mu mukino wo kwishyura, ikomeza ku giteranyo cy’ibitego 3-1 kuko mu mukino ubanza yari yinjije 1-0.


Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa yatsinze Monaco ibitego 3-2 mukino ubanza, yitwaye neza mu wo kwishyura amakipe yombi anganya ibitego 2-2, mu mukino witabiriwe na Ambasaderi w’u Rwanda mu Bufaransa, Nkulikiyimfura François.


Umukino ukomeye wahuje Galatasaray na Juventus, urangira ikipe yo muri Turikiya isezereye iyo mu Butaliyani ku giteranyo cy’ibitego 7-5, dore ko uyu mukino Juventus yatsinze 3-2, nyamara umukino ubanza yari yatsinzwe 5-2.


Atalanta yo mu Butaliyani yasezereye Borussia Dortmund ku giteranyo cy’ibitego 4-3, Qarabag yatsinzwe na Newcastle United ibitego 9-3, Atletico Madrid itsinda Club Brugge igiteranyo cy’ibitego 7-4.


FK Bodø/Glimt yakuyemo Inter Milan ku bitego 5-2, mu gihe Olympiacos yasezerewe na Bayer Leverkusen ibitego 2-0.


Real Madrid, Bayer Leverkusen, FK Bodø/Glimt, Atletico Madrid, Newcastle, Atalanta, Galatasaray na Paris Saint-Germain, zasanze andi makipe yabonye itike mbere. Ayo ni Barcelone, Chelsea, Liverpool, Tottenham, Sporting, Manchester City, Arsenal na Bayern Munich.


Ibi bivuze ko muri tombola iteganyijwe ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, mu makipe akomeye asigayemo Real Madrid na FK Bodø/Glimt bishobora guhura na Sporting cyangwa Manchester City.


PSG na Newcastle bishobora guhura na Chelsea cyangwa FC Barcelone, Bayer Leverkusen na Atalanta bigahura na FC Bayern Munich cyangwa Arsenal, naho Atletico Madrid na Galatasaray bishobora guhura na Liverpool cyangwa Tottenham zo mu Bwongereza.

Real Madrid yasezereye Benfica

Atalanta ishobora guhura na Arsenal

PSG ishobora kwisanga yahuye na FC Barcelone cyangwa Chelsea

Galatasaray yageze muri 1/8 cya UEFA Champions League

Amakipe 16 azakina 1/8 cya UEFA Champions League

Uko tombola iteganyijwe ku makipe yageze muri 1/8 cya UEFA Champions Legue

Tags

Post a Comment

0 Comments
* Please Don't Spam Here. All the Comments are Reviewed by Admin.

About Us

Welcome to Mutesa24 Your trusted source for the latest news, opportunities, and stories shaping Rwanda and the world. From study and job updates to technology and lifestyle trends, we deliver real stories that inform, inspire, and empower.