
Igitego cyo mu minota y’inyongera cyatsinzwe na Tom Edozie, cyafashije Wolves kunganya na Arsenal ibitego 2-2 mu mukino w’Umunsi wa 27 wa Premier League wabaye ku wa Gatatu, ibyatumye iyi kipe itozwa na Mikel Arteta isigara yibazwaho byinshi.
Kuyobora umukino n’ibitego 2-0, nyuma ikaza kwishyurwa muri uyu mukino, bivuze ko ku nshuro ya mbere muri uyu mwaka w’imikino, amahirwe yo gutwara Igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza atari mu bubasha bwa Mikel Arteta n’abakinnyi be gusa.
Mu gihe Manchester City, kuri ubu ya kabiri aho irushwa amanota atanu, yatsinda imikino 12 yose isigaye, irimo uwo izakiramo Arsenal, ni yo izasoza ku mwanya wa mbere.
Gusa na none n’ibyo wabivuga no kuri Arsenal isigaje imikino 11, mu gihe yatsinda uwo mukino uzabera kuri Etihad Stadium muri Mata.
Igikomeye kuri Arsenal ni uko nyuma yo gutakaza amanota ane y’ingenzi mu buryo bwikurikiranya, inganya na Brentford na Wolves, iri mu byago byo kongera gukurikiranwa n’umuzimu wakunze kuyibasira mu mikino isoza shampiyona mu myaka y’imikino ishize.
Gusoreza ku mwanya wa kabiri inshuro eshatu zikurikiranya, zirimo ebyiri inyuma ya Manchester City itozwa na Pep Guardiola, hari ikintu kinini byakabaye byibutsa.
Uwahoze ari rutahizamu wa Arsenal, Alan Smith, yagize ati “Ririya jambo ‘bottle’ [kujugunya icupa cyangwa ikintu], riraza gukoreshwa cyane mu minsi mike igiye gukurikiraho.”
Gusa si uko byari byahoze kuko byari bitandukanye ubwo Piero Hincapié yatsindaga igitego cye cya mbere muri Arsenal ku munota wa 56, gisanga icya Bukayo Saka wafunguye amazamu ku munota wa gatanu.
Kwirangaraho mu minota yakurikiyeho byatumye Wolves yigarurira icyizere binyuze ku gitego cya Hugo Bueno ku munota wa 61, mu gihe mu minota ine y’inyongera ari bwo Tom Edozie w’imyaka 19, wari winjiye mu kibuga asimbuye mu mukino we wa mbere, yungukiye ku kugongana kwa David Raya na Gabriel, atera ishoti Riccardo Calafiori atabashije guhagarika.
Ku mikino ibiri ikurikiraho, Arsenal izasura Tottenham mbere yo kwakira Chelsea muri ‘derby’ ebyiri z’amakipe y’i Londres.
Nyuma yo kunganya na Wolves, Arteta yagize ati “Ubu buri sasu ryatwerekezaho kuko ntabwo twitwaye ku rwego rwifuzwaga. Icyo buri wese yavuga cyaba cyo kuko ntabwo twakoze ibyo twari gukora. Uburyo bwo kubikora ni mu kibuga ku Cyumweru [duhura na Spurs].”
Ni mu gihe Umutoza wa Wolves, Rob Edwards, yavuze ko ikipe ye yari “ibizi ko hari igitutu cyinshi kuri Arsenal” ndetse babashije kubibyaza umusaruro.
Arsenal ntiyitwaye neza kuva uyu mwaka wa 2026 utangiye, aho yatsinze imikino ibiri gusa muri irindwi iheruka gukina muri Shampiyona. Icyo gihe yari yahuye na Leeds na Sunderland.
Crystal Palace na West Ham (zatakaje umunani) ni yo makipe yatakaje amanota menshi yari mu mwanya mwiza wo kwegukana mu 2026, kurusha Arsenal (yatakaje arindwi). Kuri ubu iyi kipe y’Abarashi imaze kunanirwa gutsinda imikino itatu muri itanu iheruka, kandi yari yabanje kuyiyobora.
Ni ku nshuro ya mbere kandi mu mateka ya Premier League, ikipe ya nyuma ku rutonde ibujije intsinzi ikipe ya mbere kandi yari yayibanje ibitego bibiri.
Ibyavuye ku kibuga cya Wolves bisobanuye kandi ko ari ubwa mbere Arsenal inaniwe gutsinda umukino wo hanze yayoboyemo ibitego bibiri kuva muri Mata 2023 ihura na West Ham, ibyari bimaze imikino 18.
Inkuru bifitanye isano: Arsenal yaba igiye kongera kugwa aho yaguye mu myaka ishize?

Bukayo Saka wari umaze imikino 15 adatsinda, ni we wafunguye amazamu kuri Molineux Stadium

Declan Rice na Bukayo Saka wongereye amasezerano y'imyaka itanu muri Arsenal, bishimira igitego cya mbere

Piero Hincapié yatsinze igitego cya kabiri cya Arsenal ku munota wa 56

Tom Edozie w'imyaka 19 na bagenzi be, bishimira igitego cya kabiri cyo kwishyura mu minota y'inyongera

Bwa mbere muri uyu mwaka w'imikino, Arsenal yatangiye kujya mu mibare igoye yo gutwara igikombe cya Premier League
