Type Here to Get Search Results !
KWAMAMAZA

Amamaza Hano

Gerageza serivisi zacu, ubashe kugeza ibikorwa byawe ku bantu benshi.

Sassou Nguesso arahabwa amahirwe yo gukomeza kuyobora Congo

EMMY 0

 


Perezida wa Repubulika ya Congo, Denis Sassou Nguesso, ashobora kongera gutsinda mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe tariki ya 22 Werurwe 2026.


Nguesso w’imyaka 82 yatangiye kuyobora Congo mu 1979, mu 1992 asimburwa na Pascal Lissouba wamutsinze mu matora. Yasubiye ku butegetsi mu 1997 ubwo yakuragaho Lissouba binyuze muri coup d’état.


Mu 2002 no mu 2009, habaye amatora ya Perezida wa Congo, Nguesso arayegukana. Mu 2016, Itegeko Nshinga ry’iki gihugu ryaravuguruwe, hakurwaho imyaka ntarengwa y’uwemerewe guhatana, yari 70.


Nyuma y’imyaka ibiri Nguesso atsinze andi matora yabaye mu 2021, mu 2023 abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe barimo Jacques Joachim Yhombi-Opango barihuje kugira ngo bazamuganze mu matora ataha.


Ku wa 30 Ukuboza 2025 ni bwo ishyaka abarizwamo rya PCT (Parti Congolais du Travail) ari naryo riri ku butegetsi ryongeye kumutorera kurihagararira mu matora y’umukuru w’igihugu.


Impamvu uyu mugabo ahabwa amahirwe menshi ni uko abenshi mu bagize komisiyo ishinzwe amatora muri iki gihugu ari abo mu ishyaka rya PTC, ibyo andi mashyaka ashingiraho agaragaza ko amatora atazaba aciye mu mucyo.


Impuguke mu bijyanye n’umutekano w’imbere mu gihugu, Remadji Hoinathy, yagaragaje ko aya matora azaba ari umuhango, ahubwo abantu bakwiye gutekereza ikizakorwa nyuma y’amatora.


Ati “Aya matora ni umuhango. Ikibazo kiri cyane mu kumenya hazakurikiraho iki namara gutorwa.”


Ni mu gihe kandi Nguesso yagiye agaragaza ko ari gutegura uzamusimbura ku butegetsi.


Umwe mu bo bivugwa ko ashobora kumusimbura ni umwana we, Denis-Christel Sassou Nguesso, wagiye muri guverinoma mu 2021 agizwe Minisitiri ushinzwe ubutwererane n’ubufatanye hagati ya Leta n’abikorera.


Ku rundi ruhande ariko abakurikiranira hafi politiki yo muri Congo-Brazzaville bagaragaza ko Denis-Christel ataragira imbaraga nka se ku buryo kuba yaba perezida.


Denis Sassou Nguesso natsinda aya matora azaba abaye perezida wa gatatu uyoboye igihe kirere muri Afurika nyuma ya Teodoro Obiang wa Equatorial Guinea na Paul Biya wa Cameroon.


Sassou Nguesso arahabwa amahirwe yo kongera kuyobora Congo

Tags

Post a Comment

0 Comments
* Please Don't Spam Here. All the Comments are Reviewed by Admin.

About Us

Welcome to Mutesa24 Your trusted source for the latest news, opportunities, and stories shaping Rwanda and the world. From study and job updates to technology and lifestyle trends, we deliver real stories that inform, inspire, and empower.